Iran yanze gukomeza ibiganiro by’ubuhuza na Amerika

Tetha Joselyne MUGABIRWA
2 Min Read
A police officer walks past a billboard regarding the United States and Iran negotiations, outside a media facilitation center in Islamabad, Pakistan, Saturday, April 11, 2026. (AP Photo/Anjum Naveed)

Iran yatangaje ko ihagaritse ibiganiro by’ubuhuza no guhanahana amakuru na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byari bigamije gushaka umuti w’intambara ikomeje guca ibintu mu Burasirazuba bwo Hagati. Tehran ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku kutubahirizwa kw’agahenge no gukomeza kw’ibitero bya Israel muri Libani. Ibi bishobora kurushaho gukaza umwuka mubi hagati y’impande zombi no kudindiza inzira y’amahoro yari itegerejwe

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise byiyongeraho 7%.

Ikinyamakuru Tasnim gishamikiye kuri Leta ya Iran kivuga ko uyu mwanzuro wafashwe kubera ko Israel itubahiriza agahenge, igakomeza kugaba ibitero kuri Liban kandi mu biganiro byo guhagarika intambara harimo ingingo y’uko Israel ihagarika ibitero kuri Liban, yitwaje ho igamije gusenya umutwe wa Hezbollah.

Mu butumwa bwo kuri Telegram iki kinyamakuru kivuga ko kandi ubu Iran yafunze byuzuye inzira ya Hormuz inyuzwamo Peteroli nyinshi mu Isi.

Iran kandi ivuga ko ishobora no gufunga inzira ya Bab al-Mandeb, iyi ikaba inzira y’ubucuruzi ihuza Inyanja Itukura n’Ikigobe cya Aden [Isi niyo ihanzeho amaso mu bucuruzi mpuza mahanga hagati ya Aziya,Afurika n’uBurasira zuba bwo Hagati].

Ubutegetsi bwa Irani buti ” Ntabiganiro bizongera kuba kugeza igihe Israel izakura byuzuye ingabo mu bice yigaruriye bya Liban, ihagarika ibitero kandi kuri Liban na Gaza.”

Uyu mwanzuro wa Iran watumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita byiyongeraho 7%

Umwuka mubi ukomeje gututumba mu Burasirazuba bwo Hagati ku buryo hari ubwoba ko intambara yeruye yakubura hagati ya Iran na Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Iran irashinja Israel na Amerika kutubahiriza agahenge k’intambara ngo hasinywe amasezerano y’amahoro. Iran ivuga ko Israel yakomeje kugaba ibitero kuri Liban, yitwaje gutera abarwanyi b’umutwe wa Hezbollah

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, mu ijoro ryo ku wa 1 Kamena 2026 yari yanditse ko yategetse Israel gusubira inyuma iva i Beirut muri Liban.

Trump kandi yari yavuze ko yavuganye n’umutwe wa Hezbollah nawo wemera guhagarika ibitero ugaba muri Israel.

Share This Article
Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *