Amerika na Iran mu masezerano y’amahoro

Tetha Joselyne MUGABIRWA
2 Min Read

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, wagize uruhare mu buhuza hagati y’impande zari zihanganye, yatangaje ko Amerika na Iran byageze ku bwumvikane bwari butegerejwe bwo gusinya amasezerano y’amahoro, bityo intambara yari imaze guteza isi igihombo gikomeye ihita ihagarikwa.

Shehbaz Sharif yatangaje ko impande zombi zafashe umwanzuro wa nyuma wo guhagarika ibikorwa bya gisirikare mu buryo bwa burundu ku mpande zose z’urugamba. Yavuze ko iri hagarikwa ry’imirwano rireba ibice byose byari byaribasiwe n’amakimbirane, harimo na Libani, mu rwego rwo guha amahirwe inzira y’amahoro n’ubwiyunge.

Nyuma y’ubu bwumvikane, biteganyijwe ko umuhango wo gushyira umukono ku mugaragaro kuri aya masezerano uzabera mu Busuwisi ku wa Gatanu, tariki ya 19 Kamena. Uwo muhango uzaba intambwe ikomeye mu gushimangira iyubahirizwa ry’ibyemeranyijwe n’impande zombi no guha isi icyizere cy’umutekano urambye.

Uyu muyobozi wa Pakistani yavuze ko ashima Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Repubulika ya Kisilamu ya Iran ku bw’ubushake n’ubwitange bagaragaje mu gushaka umuti wa dipolomasi w’aya makimbirane, avuga ko kuba impande zombi zarahisemo inzira y’ibiganiro ari intambwe ikomeye iganisha ku mahoro arambye n’umutekano mpuzamahanga. Yanagaragaje ko ashimira byimazeyo abafashije muri ubu buhuza, by’umwihariko ubuyobozi bukuru bwa Leta ya Qatar, kubera uruhare rukomeye bwagize mu guhuza impande zombi no gushyigikira inzira y’amasezerano y’amahoro kugeza agerwaho.

Yongeyeho ati “Turashimira kandi by’umwihariko ubuyobozi bufite icyerekezo bw’Ubwami bwa Arabiya Sawudite na Repubulika ya Turukiya ku ruhare runini bagize muri iki gikorwa.”

Share This Article
Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *