Urukiko Rukuru rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
rukorera mu murwa mukuru Kinshasa
rwatangiye kuburanisha abofisiye bakuru
barimo Gen Christian Tshiwewe wahoze ari Umugaba Mukuru w’ingabo kuva mu 2022 kugeza mu 2024.
Gen Tshiwewe yafunzwe muri Nyakanga 2025, afungirwa rimwe n’abofisiye barimo Gen Maj Maurice Nyembo Kufi wabaye Umuyobozi w’ibiro bye na Lt Col Adelart Mwiza wari ushinzwe umutekano wa Tshiwewe.
Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa RDC, Augustin Kabuya, yahishuye ko Gen Tshiwewe akurikiranyweho gutegura umugambi wo kwica Perezida Félix Tshisekedi kandi ngo uyu musirikare arabyiyemerera.
Gen Tshiwewe yageze mu rukiko kuri uyu wa 4 Kamena 2026, ari kumwe n’abandi bareganwa barimo Gen Maj Nyembo, Brig Gen John Ngoy wa Kabila, Brig Gen John Sangwa Muhemedi, Col Guy Mukombozi Zahinda, Col Pathy Sangwa Lumbu, Col Christophe Tshibangu n’umusivile Pascal Nyembo Muyumba.
Bose bageze mu rukiko bambaye impuzankamo y’igisirikare cya RDC, bari kumwe n’abanyamategeko babo. Icyumba cy’iburanisha cyarimo abasivili benshi barimo abo mu miryango yabo bari biteguye kumva ibyo Ubushinjacyaha bubarega.
Gen John Numbi Banza Ntambo wabaye Umugenzuzi Mukuru w’ingabo za RDC n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’igihugu ari mu baregwa muri iyi dosiye ariko we ntiyagaragaye mu rukiko kubera ko yahungiye muri Zimbabwe mu 2021 ubwo yashakishwaga n’ubutabera.
Uyu munsi, urukiko rwasomye imyirondoro y’abaregwa bose ruranayemeza, rubamenyesha n’ibyaha bashinjwa birimo gucura umugambi mubisha, kugambanira igihugu, gushyigikira iterabwoba, gutoroka igisirikare, gutunga intwaro binyuranyije n’amategeko no gushishikariza abasirikare gukora ibinyuranyije n’amahame agenga akazi kabo.


