RDC ivuga ko Ebola ya Bundibugyo imaze guhitana abantu 191, naho 808 bakaba bamaze kugaragaza ko bayanduye kugeza ku itariki ya 14 Kamena, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yabitangaje.
Ku wa 14 Kamena, Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko hagaragaye intambwe nziza mu kurwanya Ebola, aho abarwayi umunani bashya bakize iki cyorezo, barimo batatu bo mu gace ka Bunia ndetse n’abandi batanu bo mu Rwampara, byombi biherereye mu Ntara ya Ituri.
Iyi Minisiteri yakomeje igaragaza ko muri rusange, umubare w’abamaze gukira Ebola kuva iki cyorezo cyatangira kwibasira iki gihugu mu kwezi kwa Gicurasi wageze kuri 48, bikaba bigaragaza intambwe igenda itera imbere mu guhangana n’iki cyorezo.
Minisiteri y’ubuzima ivuga kugera kuri iyo tariki uduce tugera kuri 31 ari two twari tumaze kugeramo iyo ndwara, mu gihe umubare w’ubwandu bushya wabonetse ari 26 naho 11 nibo bitabye Imana, aho igipimo cy’impfu kiri ku kigereranyo cya 23,8%.
Imibare kandi igaragaza ko abarwayi 363 ari bo bari mu kato (isolation).
Kugeza ubu nta muti cyangwa urukingo bya Ebola ya Bundibugyo biraboneka ariko ubushakashatsi bwemeza ko ibimenyetso byayo bivurwa, bigakira, cyane cyane iyo umurwayi yivuje hakiri kare.
