Vinícius Júnior yagaragaye afite isura yahindutse nyuma yo kubagwa akananwa

Tetha Joselyne MUGABIRWA
1 Min Read

Vinícius Júnior yagaragaje impinduka ku isura nyuma yo kwibagisha akananwa. Amafoto ye mashya yakuruye ibitekerezo byinshi by’abafana ku mbuga nkoranyambaga.

Ku wa Mbere, tariki ya 20 Nyakanga 2026, ibinyamakuru bitandukanye byo muri Brésil, birimo TMC, byatangaje ko rutahizamu wa Real Madrid, Vinícius Júnior, yasuye ivuriro riherereye i Goiânia aho yakorewe igikorwa cyo kwibagisha akananwa n’umuganga w’uruhu, Dr. Alessandro Alarcão.

Nyuma yo kuva kwa muganga, Vinícius yafotowe ari kumwe na Virginia Fonseca wahoze ari umukunzi we. Iyo foto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, benshi bavuga ko isura ye igaragara mu buryo butandukanye n’uko yari asanzwe azwi.

Uyu mukinnyi w’imyaka 26 ntaratangaza icyamuteye gufata umwanzuro wo kwibagisha akananwa. Gusa asanzwe ari umwe mu bakinnyi bagiye bahura n’ibikorwa by’irondaruhu ndetse akanabigaragaza kenshi mu ruhame.

Ibi bibaye nyuma y’uko Brésil isezerewe mu cyiciro cya 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Vinícius ategerejwe gusubira muri Espagne aho azifatanya na bagenzi be ba Real Madrid mu myiteguro y’umwaka w’imikino wa 2026/27, ikipe kuri ubu iri gutozwa na José Mourinho.

Share This Article
Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *