RDC: Colonel yakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa n’uruhare mu rupfu rw’impuguke za Loni

Tetha Joselyne MUGABIRWA
3 Min Read

Nyuma y’imyaka hafi icyenda hakurikiranwa urubanza rw’iyicwa ry’abakozi ba Loni muri Kasai, urukiko rwa gisirikare rwa RDC rwafashe umwanzuro ukomeye. Colonel Jean de Dieu Mambweni yahamijwe kugira uruhare muri ibyo byaha. Abacamanza basanze ibimenyetso bimushinja bifite ishingiro. Bahise bamuhanisha igihano cy’urupfu. Uru rubanza rureba impuguke ebyiri z’Umuryango w’Abibumbye ziciwe muri ako karere mu 2017.

Mu rwego rwo gucukumbura amakuru ku bwicanyi bwari bumaze igihe buvugwa muri Kasai, impuguke ebyiri z’Umuryango w’Abibumbye, Zaida Catalan na Michael Sharp, zageze muri ako karere ku wa 12 Werurwe 2017. Catalan yari afite ubwenegihugu bwa Suède na Chile, mu gihe Sharp yari umunyamerika. Intego yabo yari ukusanya ibimenyetso no gusobanukirwa imiterere y’umutekano muke wari warakurijwe n’ibikorwa by’umutwe wa Kamuina Nsapu.

Mu rugendo rwabo, aba bakozi ba Loni bahagaritswe hafi y’agace ka Moyo-Musila n’abitwaje intwaro bakekwagaho kuba abarwanyi ba Kamuina Nsapu. Nyuma yo kujyanwa ahitaruye abaturage, barishwe. Imibiri yabo yabonetse nyuma y’iminsi 16, ibintu byakuruye impungenge n’akababaro ku rwego mpuzamahanga.

Mu iperereza ryakurikiyeho, Col Jean de Dieu Mambweni yashyizwe mu bakekwagaho kugira uruhare muri ubu bwicanyi kubera isano yavugwaga hagati ye n’umutwe wa Kamuina Nsapu ndetse no kuba yari yarahuye n’izo mpuguke mbere y’urupfu rwazo. Mu rubanza rwaciwe muri Mutarama 2019 yakatiwe imyaka 10 y’igifungo, mu gihe abandi benshi bahanishijwe urwo gupfa. Icyakora Ubushinjacyaha ntibwanyuzwe n’uwo mwanzuro, buhita bujurira busaba ko urubanza rwongera gusuzumwa.

Abo mu miryango y’izi mpuguke ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu byagaragaje ko urukiko rutagaragaje uruhare rukomeye abakozi ba Leta bagize mu rupfu rwazo.

Icyo gihe, umuvandimwe wa Zaida witwa Elizabeth Morseby yatangaje ko hari amajwi urukiko rwahawe yumvikanamo Col Mambweni agaragaza impungenge z’uko izi mpuguke zishobora kugaragaza uruhare rwa Leta mu byaha byakozwe na Kamuina Nsapu, zigahishura ahantu h’ibanga hahishwe imirambo.

Muri Mutarama 2026, umuryango Human Rights Watch watangaje ko mu rubanza rwo mu 2022, urukiko rwirengagije amashushso agaragaza abakozi ba Leta bajyana izi mpuguke ahantu zafatiwe n’inyeshyamba mu buryo bugaragaza ko bari bazi ko zicwa.

Tariki ya 5 Kamena, Urukiko Rukuru rw’igisirikare rwahamije ko koko Col Mambweni yayoboye igikorwa cyo kwica izi mpuguke, rumukatira igihano cy’urupfu, rugumishaho igihano cyakatiwe abandi 49.

 

Share This Article
Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *